Mu Rwanda hashyizweho Radar ya mbere muri Afurika itanga

Transcription

Mu Rwanda hashyizweho Radar ya mbere muri Afurika itanga
Mu Rwanda hashyizweho Radar ya mbere muri Afurika itanga
amakuru yihuse y’ikirere
Yanditswe kuya 1-07-2015 saa 15:28' na Cyprien Niyomwungeri
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe (Rwanda Meteorology Agency), Kuwa Kabiri
tariki 30 Kamena, cyatashye ku mugaragararo Radar ya mbere muri Afurika
ifite ubushobozi bwo gutanga amakuru ako kanya ku ihindagurika ry’ikirere.
Iyi radar yashyizwe ku musozi wa Maranyundo mu Karere ka Bugesera, gifite
ubushobozi bwo kwegeranya amakuru ari mu birometero 200 uvuye aho
yashyizwe, ifite ubushobozi wagereranya n’amaso abiri, ayemerera kureba mu
byerekezo bitandukanye.
Radar igezweho izajya itanga amakuru y'ihindagurika ry'ikirere
Umuyobozi ushinzwe ubwunganizi mu ikoranabuhanga mu Kigo
cy’iteganyagihe, Kamanzi Fidele, yavuze ko ikoranabuhanga ry’iyi radar nta
rindi ririsumba ku isi.
Yagize ati’’Ifite ikoranabuhanga rigezweho ku rwego rwa nyuma, izindi radar
zigira icyerekezo kimwe ariko yo ifite bibiri biyifasha kureba neza uko ikirere
gihagaze ako kanya.’’
Ataha ku mugaragaro iyi Radar, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri
y’umutungo Kamere Evode Imena, yasabye abashakashatsi kuyibyaza
umusaruro kugira ngo amakuru izatanga yifashishwe no mu bindi bikorwa.
Iyi Radar yitezweho gukuraho uburyo bwakoreshwaga bwo gukusanya amakuru
agatangazwa mu gihe runaka, yo izajya iyerekana ako kanya; byaba kuburira
abantu ingano ya nyayo y’imvura iri bugwe mu gace runaka, bagafata icyemezo
bitewe n’amakuru yatanzwe.
Radar u Rwanda rwatashye ku mugaragaro izatanga amakuru ku bibuga
by’indege bya Kanombe na Bugesera. Izafasha kumenya imiterere y’ikirere mu
kubungabunga umutekano z’indege.
[email protected]

Documents pareils