Kiliziya Gatolika yakomoreye abayoboke bayo batandukana n`abo

Transcription

Kiliziya Gatolika yakomoreye abayoboke bayo batandukana n`abo
Kiliziya Gatolika yakomoreye abayoboke bayo batandukana n’abo bashakanye
Yanditswe kuya 6-08-2015 na Cyprien Niyomwungeri
Papa Francis yasabye ko nta muntu ukwiye guhezwa mu Kiliziya
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis yavuze ko abayoboke bayo bazajya
batandukana n’abo bashakanye bagashaka abandi, abana babo bakwiye kujya bahabwa
uburenganzira bwose muri Kiliziya, anasaba abandi bashumba kwirinda guhutaza iyi
miryango bayifata nk’ibicibwa.
Inyigisho ya Kiliziya Gatolika ivuga ko umuyoboke wayo wongeye gushaka aba ari mu cyaha
ku buryo atemererwa kwegera ameza matagatifu ngo ahazwe umubiri wa Yezu, mu gihe
cyose ataragarukira Imana, ibi bigatuma benshi biyumva nk’abajugunywe na Kiliziya.
Nkuko ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika bibitangaza, aya magambo ya Papa Francis ku
mbabazi mu buyobozi bwa Kiliziya Gatolika yatumye benshi bagira icyizere ko bashobora
gukurirwaho ibihano byo gufungirwa amasakaramentu.
Ibi Papa Francis abivuze mu gihe Kiliziya Gatolika muri iki gihe yateguye inama y’ukwezi
yiga ku muryango, ikaba isa n’iyabaye mu mwaka ushize, zombi abayoboke bayo
batandukanye n’abo bashakanye bakaba bazitezemo gukomorerwa amasakaramentu
bahagarikiwe. Ubwo aheruka kuvuga ku bashakanye bagatandukana, Papa Francis
ntiyagiye kure y’aya magambo. Icyakora yashimangiye ko Kiliziya igomba guhindura
imyitwarire.
Yagize ati “Abantu batangiye ubundi buzima nyuma yo guhura n’ibibazo byo guteshuka ku
isezerano ry’umubano bagiranye, ntibakwiye gucibwa, kandi ntibakwiye gufatwa muri buriya
buryo. Baracyari muri Kiliziya.’’
Papa Francis yatangajwe n’uko amatorero ashimangira ko abana b’imiryango yatandukanye
bahorwa ibyakozwe n’ababyeyi babo.
Yakomeje avuga ko kubwo kwizera, guhabwa Ukarisitiya bigereranywa nko kugira uruhare
rwose mu muryango wa Kiliziya Gatolika.
Yasabye Abapasiteri kutikoreza abana uyu mutwaro w’ababyeyi kandi icyibabaje ari uko
abenshi baba bakiri bato.
[email protected]

Documents pareils