urukiko rukuru ruri i kigali mu ruhame ruhaburanishiriza

Transcription

urukiko rukuru ruri i kigali mu ruhame ruhaburanishiriza
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUKIKO RUKURU RURI I KIGALI
IMANZA
Z’INSHINJABYAHA
KU
RUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 1 KURI 23
MU RUHAME RUHABURANISHIRIZA
RWEGO
RW’UBUJURIRE
RUCIYE
URU
MU BURYO BUKURIKIRA NONE KU WA
10/07/2009:
HABURANA:
UBUSHINJACYAHA
NA
UWAJURIYE :
GATOYA David mwene GATOYA Thimothé na NYIRABAHINDE Loyce, uvuka
GISHALI-MWENDO-KIBUNGO Umukozi wa Sosiyete,utuye NYAMIRAMBONYARUGENGE-PVK;
GIKONGORO-Umucuruzi kazi, utuye MUHIMA-NYARUGENGE-PVK;
ICYAHA BAREGWA : Kuba bari i NYARUGENGE, Perefegitura y’ Umujyi wa
KIGALI, Repubulika y’ u RWANDA, ku wa 29/05/1998, ari gatozi bafatanyije
cyangwa se bamwe ari ibyitso by’ abandi nk’ uko biteganywa n’ ingingo za
89,90,91 barakoze icyaha cy’ ubuhemu giteganywa kandi kigahanishwa ingingo
ya 424 y’ igitabo cya kabiri gikubiye mo amategeko ahana;
UREGERA INDISHYI: RWIGARA Assinapol mwene GAKUBA Hesron na
KIRUSHOKA Esther utuye Akagali ka KIYOVU, Umurenge wa NYARUGENGE,
Akarere ka MVK ;
………………………………………………………………………………………………
URUKIKO
1. RUSHINGIYE ku Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u RWANDA ryo kuwa 04
Kamena 2003 nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane ingingo ya 10, 18, 19, 141
na 150;
2. RUSHINGIYE ku Itegeko Ngenga nº 51/2008 ryo kuwa 09/09/2008 rigena
Imiterere,Imikorere
n’ Ububasha by’ Inkiko
2,15,23,44,105 , 167, 179 na 183;
I.IMITERERE Y’URUBANZA
cyane cyane mu ngingo ya 1-
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 2 KURI 23
3. Ku wa 04/06/1999 Urukiko rwa Mbere rw’ Iremezo rwa KIGALI rwaciye urubanza
rwari rwaregewe n’ Ubushinjacyaha bwa Parike ya Repubulika ya KIGALI mu
ibaruwa yabwo yo ku wa 26/02/1999 yoherereza Perezida w’ urwo Rukiko dosiye
RMP2351/S13/RE/NCY kugira ngo iburanishwe, ubwo bushinjacyaha bukaba
bwarayiregaga mo abavuzwe haruguru mu kiregerwa kuba bari i NYARUGENGE,
Perefegitura y’ Umujyi wa KIGALI, Repubulika y’ u RWANDA, ku wa 29/05/1998,
ari gatozi bafatanyije cyangwa se bamwe ari ibyitso by’ abandi nk’ uko biteganywa
n’ ingingo za 89,90,91 barakoze icyaha cy’ ubuhemu giteganywa kandi
kigahanishwa ingingo ya 424 y’ igitabo cya kabiri gikubiye mo amategeko ahana,
bakora
ubujura(kuri
GATOYA
David) bakanahishira
ibyibano
[(ku
bandi)
amafaranga akomoka ku cyaha ], urubanza ruburanishwa kuri n° RP.38.229/Kig;
4. Mu gukiza urwo rubanza, urwo Rukiko rwa Mbere rw’ Iremezo rwa KIGALI
rwasanze icyaha cy’ ubuhemu abaregwa bakurikiranywe ho gihama GATOYA
David wenyine naho abandi bashinjwa hamwe na we icyo cyaha gihindura inyito
bahamwa n’ icyo kuba barahishiriye ibyibano(amafaranga akomoka ku cyaha) kuko
bo batari abakozi na BINTER IMPEX nyiri ayo mafaranga yarigishijwe cyangwa se
ngo amafaranga bakurikiranywe ho babe barayahawe hari icyo bagombaga
kuyakoresha hanyuma ntigikorwe;
5. Urwo Rukiko kandi rwatanze indi mpamvu kandi ruvuga ko GATOYA David wari
Directeur muri Société BINTER IMPEX ya RWIGARA Assinapol ahamwa n’icyo
cyaha kuko yasinye kuri sheki ya 47.547.858 Frws yagombaga kwishyurwa muri
Douane amakarito 1400 y’ amatabi,iyo sheki kuri souche yayo yandikwa ho ko le
bénéficiaire ari receveur des douanes iyo sheki iragaruka GATOYA ayisubiza kuri
compte ya BINTER IMPEX muri BACAR amaze kuyisubiza yo akora indi isimbura
iya mbere ayishyira ho amafaranga 47.701.245 Frw souche ayandika ho Receveur
des douanes akaba ari ho ubuhemu bwatangiriye ayo hereza kuri compte ya
UWANTEGE Eugènie muri BANCOR, UWANTEGE amaze kubona 47.701.245
Frws batangira kuyagabana uko bisobanuye mu mpamvu zigaragara muri kopi y’
urwo rubanza;
6. Urukiko rwahereye kuri izo mpamvu n’ izindi zigaragara muri kopi y’ urwo rubanza
rukiza ko
abaregwa bose batsinzwe, ruhanisha UWANTEGE Eugènie amezi
atandatu y’ igifungo, icyo gihano gisubikwa igihe cy’ umwaka,GATOYA David
ahanishwa igifungo cy’ umwaka umwe,
7. Urwo Rukiko rwahanishije kandi MUKAMUDENGE Jeanne na MUKANDAMAGE
Rose igifungo cy’ amezi atandatu(6), maze rutegeka ko abatarasubikiwe ibihano
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 3 KURI 23
bahira bafatwa bagafungwa urubanza rugisomwa, rutabategeka bose gufatanya
gusubiza RWIGARA assinapol amafaranga
yarigishingwe uko abasaranganyije
,indishyi,4% y’umusogongero wa Leta n’ bindi bigaragara muri kopi y’ urwo
rubanza;
8. MUKANDAMAGE Rose,MUKAMUDENGE Jeanne ntabwo bishimiye imikirize y’
urwo rubanza maze ku wa 10/06/1999 barujuririra mu Rukiko rw’ Ubujurire rwa
KIGALI naho GATOYA David akaba yari yajuririwe na Me NYIRANDABARUTA
Agnès, ubujurire bwakirwa kuri n°RPA 8662/Kig , urubanza ruza kuburanishwa ,
rukizwa ku wa 27/03/2002;
9. Urwo rubanza na rwo rwaraburanishijwe maze mu kurukiza, nyuma yo kuburanisha
urwo rubanza
ababuranyi badahari uko byatangiwe impamvu muri kopi
yarwo,Urukiko ruvuga ko rwasanze ku rutonde rw’ abafite ububasha bwo kujurira
ruvugwa ku ngingo ya 99 y’ Itegeko ryo ku wa 23/02/1963 rishinga imiburanishirize
y’ imanza z’ inshinjabyaha, avoka atari ho, akaba ari yo mpamvu ubujurire bwa
GATOYA
David
butakiriwe
NYIRANDABARUTA
Agnès
ngo
mu
busuzumwe
izina
rye
kuko
bwite,
bwatanzwe
naho
na
ubujurire
Me
bwa
MUKANDAMAGE n’ ubwa MUKAMUDENGE rusanga nta bimenyetso bwatangiwe
bivuguruza iby’ ubushinjacyaha bwatanze nk’ inyandiko yo ku wa 08/08/1988
basinye ho bemera ko batwaye buri wese amafaranga 11.888.857 Frws ya
RWIGARA , bakaba banabishinjwa na UWANTEGE bafatanyije icyaha uretse ko
we atajuriye;
10. GATOYA David aho amenyesherejwe imikirize y’ urwo rubanza yarusubirishije mo
,ikirego cye cyakirwa mu Rukiko rw’ ubujurire rwa KIGALI kuri n° RPA 9292/Kig
,rutangira kuburanishwa ndetse hacibwa n’ urubanza rubanziriza urundi ku wa
02/10/2002 ku bijyanye n’ inzitizi no ku kibazo cy’ uko GATOYA David watangiwe
ubujurire na Me NYIRANDABARUTA Agnès;
11. Urukiko mu gusuzuma ibyo bibazo, rwasanze ibyo kutakira icyo kirego hashingiwe
ku ngingo ya 99 C.P.P, atari byo iyo ngingo yavugaga kuko iyo ngingo yemerera
uregwa kujurira kandi iya 75 ya C.P.P na yo ikemerera buri muburanyi kwiyambaza
undi muntu akamuha uburenganzira bwo kuvuga mu izina rye, na ho iya 2 n’ iya 50
z’ Itegeko rishyira ho urugaga rw’ Abavoka zikaba zemerera ba Avoka ku buranira
mu Nkiko zose byumvikanisha ko igihe uregwa yunganirwa na Avoka ku rwego rwa
mbere, avoka ashobora gukomeza kumwunganira mu mihango y’ ubujurire, bityo
rusanga ubujurire bwa GATOYA David bwatanzwe na Me NYIRANDABARUTA
Agnès bwarakurikije amategeko;
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 4 KURI 23
12. Ku nzitizi yatanzwe na Me RWANGAMPUHWE François urubanza rugitangira y’
uko uwitwa MUNYANDAMUTSA Issacar ataba umuburanyi muri urwo rubanza
aburanira murumuna we RWIGARA Assinapol kandi uyu atari we wagombaga
kuregera ndishyi kuko atari we wakorewe icyaha , ko uwakorewe icyaha ari
Sosiyete BINTER-IMPEX, RWIGARA yari abereye Umuyobozi w’ Ikirenga P.D.G
naho GATOYA n’ abo bashinjanwa bari abakozi bayo, rwasanze iyo ukurikiranye
urubanza usanga amafaranga yanyerejwe yari aya BINTER-IMPEX , bityo
rwemeza ko iyo sosiyete ari yo ishobora kuregera indishyi kubera ko icyaha
yakorewe atari RWIGARA Assinapol nk’ umuntu ku giti cye n’ ubwo yari umuyobozi
w’ Ikirenga wayo;
13. Urwo
Rukiko
rwasanze
kandi
BINTER-IMPEX
nta
bubasha
yahaye
MUNYANDAMUTSA Issacar bwo kuyihagararira, na RWIGARA Assinapol akaba
atari we wakorewe icyaha, akaba adashobora kuregera indishyi muri uru rubanza
nk’ umuntu ku giti cye, bityo rusanga ikirego cy’ indishyi cyatanzwe na RWIGARA
Assinapol ku giti cye adahagarariye BINTER–IMPEX kitaragombaga kwakirwa ku
rwego rwa mbere , bityo rwemeza ko iyo nzitizi ifite ishingiro, rwemeza ko
uwemerewe kuregera indishyi muri uru rubanza ari BINTER-IMPEX,atari
RWIGARA assinapol, ko iyo sosiyete nishaka kubiregera izatanga igarama mu
Rukiko rubifitiye ububasha ikaziburana, bityo rwemeza ko urubanza rukomeza
kuburanishwa mu ngingo zarwo zose;
14. Ku wa 14/11/2003 RWIGARA Assinapol uregera indishyi yasubirishije mo urwo
rubanza RPA 9292/Kig, uko gusubirisha mo urubanza maze amategeko amaze
kuvugururwa urwo rukomereza mu Rukiko Rukuru rwa Repubulika kuri N°RPA
0050/05/KIG ari na zo rwakomereje ho muri uru Rukiko Rukuru aho Itegeko
Ngenga nº 51/2008 ryo ku wa 09/09/2008 rigena Imiterere,Imikorere n’ Ububasha
by’ Inkiko ritangarijwe ;
II.IMIGENDEKERE Y’ URUBANZA
15. Itegeko rya Perezida ryashyize umunsi w’ iburanisha ry’ urwo rubanza ku wa
14/05/2008 uwo munsi ugeze urubanza ntirwaburanishwa kubera kutitaba kwa
bamwe mu baburanyi, rwimurirwa ku munsi utazwi, ku wa 31/10/2008, no ku wa
14/05/2009 ku bw’ izo mpamvu;
16. Ku
wa
14/05/2009
MUKANDAMAGE Rose
hageze
,
Urukiko
ruhamagaje
urubanza
rwasanze
na GATOYA David bitabye ,MUKAMUDENGE Jeanne
atitabye ariko ku nyandiko imuhamagaza bigaragara ko yagejejwe mu rugo iwe ku
wa 22/04/2009 bivuga ko yahamagawe mu buryo buhuje n’ amategeko, naho
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 5 KURI 23
UWANTEGE Jeanne urupapuro rumuhamagara rwaragejejwe mu rugo iwe bivuga
ko na we yari yahamagajwe mu buryo buhuje n’ amategeko;
17. GATOYA David yahawe ijambo avuga ko yiteguye kuburana avuga ko uwo
MUKAMUDENGE amaze igihe kinini atitaba ariko ngo akaba aba mu Bufaransa
gusa akaba afite ab’ iwe babimenyeshwa batuye ku MUHIMA ;
18. MUKANDAMAGE na we yahawe ijambo ngo avuge kuri abo batitabye avuga ko
we yiteguye kuburana ariko kandi ngo yemeye icyaha anabasha no kwishyura
RWIGARA Assinapol , anatanga acte de décharge ibigaragaza;
19. Me RWANGAMPUHWE François wunganira GATOYA David
yahise ahagera
akomeza yunganira GATOYA David, avuga ko bo basanga hazaba ikibazo kuri iyo
transaction yabaye hagati ya RWIGARA Assinapol kuko baburanaga na BINTER
IMPEX, iyo ikaba yari société, akavuga ko niba itakiri ho hagombye kugaragara
son liquidateur , ngo naho we yaba afite mo imigabane 99% nta bubasha afite bwo
gukora iyo transaction dore ko ngo bari kuri 2ème degré, naho ku kutitaba kwa
MUKAMUDENGE avuga ko we aba mu Bufaransa kuva urubanza rwasomwa ariko
akaba we atarajuriye, naho kuri UWANTEGE we akaba ngo yiyemerera icyaha ngo
yabazwa nk’ umutangabuhamya kuko we atajuriye, kandi we atari atuye KIGALI
yakoze transaction na RWIGARA Assinapol ;
20. GATOYA David yahawe ijambo ngo agire icyo avuga kuri uko kutitaba kw’ abo
bareganwa avuga ko we asaba ko ubuhamya bwakozwe n’ ubushinjacyaha
bwahabwa agaciro, ngo bwakozwe na O.M.P GASHIKA Majeur ;
21. Me SHUMBUSHO Philbert uhagarariye RWIGARA Assinapol yahise ahagera
hagati aho MUKANDAMAGE ahawe ijambo ngo agire icyo avuga kuri uko kutitaba
kwa bagenzi be, we avuga ko ibyo ntacyo abivuga ho ;
22. Uhagarariye ubushinjacyaha
Bwana KALIWABO Denis Umushinjacyaha ufite
ububasha mu gihugu hose yahawe ijambo avuga ko ku bijyanye n’ amahamagara
yakozwe, basanga nyuma y’ uko Urukiko rw’ Ubujurire rwa KIGALI ruca urubanza
abitwa MUKANDAMAGE Rose, MUKAMUDENGE Jeanne na UWANTEGE bo
batajuriye bityo bakaba batari ababuranyi no kuri RWIGARA Assinapol Urukiko ngo
rwemeje ko adafite qualité bityo no guhagararirwa kwe mu Rukiko bikaba
bitahabwa agaciro naho kuri acte d’ opposition Urukiko rukaba rwabisuzuma;
23. Me SHUBUSHO Philbert yahawe ijambo agire icyo avuga kuri ibyo asubiza ko nk’
uko uhagarariye ubushinjacyaha abivuze , RWIGARA Assinapol yasimbuwe akaba
atarahamagawe mu rubanza ari na yo mpamvu yarusubirishije mo;
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 6 KURI 23
24. GATOYA David yahawe ijambo avuga ko ibyo byasubizwa n’ umwunganira maze
Me RWANGAMPUHWE François ahawe ijambo asubiza ko hari principe ya
«opposition sur opposition ne vaut»,bivuga ko kugeza ubu RWIGARA Assinapol
atakoze opposition, agira ati :«La décision prise est definitive pour lui», avuga ko
baburanye tariki ya 05/09/2002 baburanye na MUNYANDAMUTSA mukuru wa
RWIGARA Assinapol , ubwo bakaba baraburanaga ku bubasha bwa RWIGARA
Assinapol, na MUNYANDAMUTSA défenseur judiciaire utari ufite ububasha bwo
kuburana muri Cour d’ Appel bakaburana nanone no kuri acte d’ appel ya Me
Agnès NYIRANDABARUTA yari yakoze mu izina rya GATOYA David. Icyo gihe
Urukiko rufata icyemezo bityo bakaba nta opposition yakorwa kuri jugement
contradictoire;
25. Me RWANGAMPUHWE yakomeje na none avuga ko iyo opposition ivugwa
urubanza rwaburanywe cyangwa rwasomwe tariki ya 02/10/2002 akora opposition
ku wa 04/11/2003, kuba avuga ko yabyumvise de façon informelle akaba ngo atari
byo yari afite umuhagarariye aratsindwa n’ ubu akaba ahagarariwe na avoka
akibaza niba natsindwa azongera akarusubirisha mo, bityo bo bakavuga ko adafite
qualité bitewe n’ uko umukoresha wa GATOYA David ari BINTER IMPEX atari
RWIGARA Assinapol ngo keretse iyo bajya muri cassation;
26. Me SHUMBUSHO Philbert yahawe ijambo ngo agire
icyo avuga ku byo Me
RWANGAMPUHWE yavuze asubiza ko bo icyo bavuga ari uko muri urwo rubanza
RWIGARA Assinapol atari ahagarariwe bitewe n’ uko uwo MUNYANDAMUTSA
yari défenseur judiciaire, atari afite qualité yo kuburana muri Cour d’ Appel, kuba
yaraburanye nk’ umuvandimwe we nta procuration yamuhaye bikaba binyuranye n’
ibiteganywa n’ ingingo ya 50 y’ Itegeko ku rugaga rw’ Abavoka bityo akaba ngo
atari ahagarariwe, naho ku kibazo cyo kumenya niba MUNYANDAMUTSA yaraje
kuburana nka mukuru wa RWIGARA Assinapol cyangwa yaraje nka défenseur
judiciaire asubiza ko yaje nka mukuru wa RWIGARA ariko atabimutumye kuko iyo
aza kumutuma aba yaramuhaye procuration, naho kuri opposition yakozwe na
RWIGARA
Assinapol, avuga ko urubanza rutangira ngo yararuburanye
ariko
rumwambura ububasha atahamagawe, ibyo kuba bari kujya muri cassation avuga
ko ibyo byasuzumwa n’ Urukiko;
27. Uhagarariye ubushinjacyaha yahawe ijambo avuga ko ahereye kuri qualité ya
RWIGARA , mu mikirize y’ urubanza ngo rwavuze ko
ububasha kandi MUNYANDAMUTSA
yari
RWIGARA
ahagarariye
RWIGARA
adafite
nk’
umuvandimwe we, ngo niba atari afite ububasha kandi adafite procuration,yaba
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 7 KURI 23
atarabaye umuburanyi, muri urwo rubanza ngo n’ ubwo yabaye umuburanyi mu
manza zindi zarubanjirije, icyo gihe hakaba hasuzumwa opposition ya GATOYA
David, bityo rero ababuranyi bakaba ari ubushinjacyaha na GATOYA David naho
RWIGARA Assinapol utararubaye mo umuburanyi akaba ngo atarukora mo
opposition n’ ubwo urwo rubanza RP 8662/Kig iyo opposition irugira mo effet,
hakaba hakiri ikibazo cya qualité cy’ uwakoze opposition mu rubanza atabaye mo
umuburanyi;
28. Me RWANGAMPUHWE François yahawe ijambo avuga ko kuri 1er degré
baburanye na MUNYANDAMUTSA ari kumwe na Me BIRAMVU nk’ aba avoka mu
rubanza RP38229/Kig ngo bajuririra icyo cyemezo RWIGARA we ngo ntabwo
yajuriye uko bigaragara mu rubanza 8662/Kig muri RUSANZE ya gatatu, bityo
MeMUNYANDAMUTSA akaba ngo yarabikoze nka avoka atari nk’ umuvandimwe
wa RWIGARA kuko yakomeje urubanza ndetse ni nawe watanze icyifuzo ko
ubujurire bwa GATOYA David bwasibwa bikaba ari byo basabiye opposition
bagatsindwa, akibaza uko basubirisha mo urubanza kandi rwaraburanywe bahari ;
29. Me RWANGAMPUHWE François yakomeje jambo avuga ko niba ari amakosa ngo
yakozwe n’ uhagarariye RWIGARA Me MUNYANDAMUTSA ngo ntabwo bikora kuri
Me MUNYANDAMUTSA ahubwo ingaruka ngo ziba kuri RWIGARA Assinapol wari
uhagarariwe, na none uwo RWIGARA Assinapol akaba no adafite qualité
anagendeye kuri attestation de service rendu ya GATOYA David ko yari umukozi
wa BINTER IMPEX atari umukozi wa RWIGARA Assinapol nanone procédure
nshyashya ngo iriho kandi ikaba ari d’ application immédiate itajuririrwa ukwayo
kuko la partie civile ari accessoire à l’ action principale kuko le principal ari action
publique, bityo ngo action civile ikaba itahagarika le déroulement de l’ action
publique kuko ngo na none uru rubanza rushobora gucibwa akavuga ko atari ahari
mu gihe hari uwo yohereje Me SHUMBUSHO , icyo gihe na none ngo son
conseiller juridique ngo yari mu iburanisha akaba ngo yararusubirishije mo
atubahirije ibihe biteganywa n’ amategeko atanavuze n’ igihe yabimenyeye kandi
yari ahagarariwe ngo ntabwo yari kongera kumenyeshwa;
30. Me
SHUMBUSHO
RWANGAMPUHWE
Philbert
yasubijwe
ijambo
avuga
ko
nk’
uko
Me
yagaragaje ko Me MUNYANDAMUTSA yaburanye ari
défenseur judiciaire muri Cour d’ Appel akaba ngo atari afite qualité, ngo kuba
yarabimenye ku buryo informel ni uko atari ahagarariwe kandi akaba ari ntawe
yatumye kuba ari we watanze ikirego akaba ko BINTER IMPEX itari yabona
ibyangombwa kandi akaba actionnaire majorotaire cyane ko yari afatanyije n’
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 8 KURI 23
abana be nk’ uko biteganywa n’ ingingo ya 18 y’ Itegeko kuri société commerciale,
kuba BINTER IMPEX yari itarasohoka mu igazeti ya Leta ikaba itari gutanga
ikirego idafite qualité na yo ubwayo;
31. Me RWANGAMPUHWE yasubijwe ijambo avuga ko uhagarariye RWIGARA
Assinapol yavuze ko igihe urubanza rwatangiriye muri 1998 iyo société BINTER
IMPEX yari itarasohoka mu igazeti ya Leta, itari ho bityo ikaba itari no guhabwa
indishyi mu gihe itabaga ho ;
32. Nyuma y’ ibyo iburanisha risojwe Urukiko rutangaza ko icyemezo ku iyakirwa ry’
isubirisha mo ry’ urubanza kwa RWIGARA Assinapol kizasomwa ku wa 05/06/2009
saa mbiri za mu gitondo, nanone akaba ko icyagaragaye ari uko usibye GATOYA
David, wasubirishije mo urubanza, Ubushinjacyaha na RWIGARA Assinapol
uregera insihyi nawe
baruhamagarwa
mo
wasubirishije mo urubanza uko byavuzwe abandi
atari
ababuranyi kuko
batajuriye
bityo
bakazongera
kuruhamagarwa mo nk’ abatangabuhamya ari uko Urukiko rusanze ari ngombwa
, maze rubona nta yindi ngingo yasuzumwa
kuri izo nzitizi
ruriherera rufata
umwanzuro ukurikira:
« RUBONA nk’ uregera indishyi, RWIGARA Assinapol yaratanze ikirego cyo
gusubirisha mo urubanza RPA 9292/Kig rwaciwe ku wa 02/10/2002 RWIGARA
Assinapol arusubirisha mo ku wa 14/11/2003 ikirego cyandikwa ku wa 22/11/2003,
GATOYA David na Me RWANGAMPUHWE François umwunganira bakaba bavuga
ko kitakwakirwa kuko urubanza asubirisha mo rwaburanywe ahagarariwe n’ uwitwa
MUNYANDAMUTSA Issacar, ko kandi RWIGARA Assinapol ataburana indishyi
muri uru rubanza mu izina rye bwite kuko GATOYA David yakoreraga Société
BINTER-IMPEX bavuga ko yarigishirije umutungo;
« RUBONA uwitwa MUNYANDAMUTSA
ahagarariye
Issacar
yaraburanye avuga ko
RWIGARA Assinapol uko bigaragara mu nyandiko mvugo y’
iburanisha ryo ku wa 24/09/2002, Urukiko rukaba rwaremeye kumuburanisha nka
mukuru wa RWIGARA Assinapol, akaba ntaho bigaragara mu rubanza ko icyo gihe
yaburanye nka «défenseur judiciaire» uko byari byagenze ku rwego rwa mbere mu
rubanza R.P.38.229/Kig;
« RUBONA
kandi
ibyo
bishimangirwa
n’
uko
ku
wa
24/09/2002
Me
RWANGAMPUHWE François wunganira GATOYA David yaburanye avuga ko
MUNYANDAMUTSA Issacar adakwiye kuburanira RWIGARA Assinapol kuko atari
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 9 KURI 23
we GATOYA yakoreye ahubwo GATOYA yagombaga kuburana na société (
BINTER IMPEX) uko bigaragara mu nyandiko mvugo y’ iburanisha ry’ uwo munsi
ku rupapuro rwa kabiri(2), ariko icyo kibazo cyo kuba atari ahagarariye RWIGARA
Assinapol nka mukuru we cyangwa défenseur judiciaire akaba ntacyo yagaragaje
n’ ubwo impamvu zatuma icyo kirego cy’ indishyi kitakirwa zishobora gutangwa aho
urubanza
rwaba rugeze hose uko biteganywa n’ ingingo ya 95 y’ Itegeko
N°18/2004 ryo ku wa 20/06/2004 ryerekeye imiburanishirize y’ imanza z’
imbonezamubano, iz’ ubucuruzi, iz’ umurimo n’ iz’ ubutegetsi uko ryahinduwe kandi
ryujujwe kuri bimwe kugeza ubu;
« RUBONA na none ubwo MUNYANDAMUTSA Issacar yabazwaga icyo apfana na
RWIGARA Assinapol ngo amuhagararire ,uko bigaragara mu nyandiko mvugo y’
iburanisha ryo ku wa 24/09/2002 ku rupapuro rwa kabiri(2), yarasubije ko ari
mukuru we, ko « procuration» ibigaragaza, ariko akaba nta ho bigaragara ko iyo
procuration yashyikirijwe Urukiko n’ uwo wayivugaga ngo yemerwe binagaragare
mu nyandiko mvugo y’ iburanisha kandi nk’ uko byavuzwe nta n’ ikigaragaza ko
MUNYANDAMUTSA yitabye nka défenseur judiciaire kabone n’ ubwo bitari
byemewe ko aburana mu Rukiko rw’ Ubujurire uko biteganywa n’ ingingo ya 96 y’
Itegeko n°3/97 ryo ku wa 19/03/1997 rishyiraho Urugaga rw’ Abavoka mu Rwanda
kuko byo byari kugira uko bikosorwa biramutse biregewe, ibyo rero bikaba
binyuranyije n’ ingingo ya 50 y’ Itegeko n°3/97 ryo ku wa 19/03/1997 rivuzwe mu
gika cyayo cya kabiri(3) itanga uburenganzira bwo guhagararirwa mu Nkiko n’ abo
mufitanye isano hagaragajwe uburenganzira bwihariye bwemewe n’ Urukiko ;
« RUBONA n’ impamvu y’ ihame ry’ uko urubanza rwasabiwe gusubirishwa mo
rutakongera gusabirwa gusubirishwa mo indi nshuro(opposition sur opposition ne
vaut), riteganywa n’ ingingo ya 160 y’ Itegeko N°13/2004 ryo ku wa 17/05/2004
ryerekeye imiburanishirize y’ imanza z’ inshinjabyaha uko ryahinduwe kandi
ryujujwe kuri bimwe kugeza ubu, nta shingiro ifite kuko urubanza RPA 9292/Kig
rwaciwe ku wa 02/10/2002 nta bundi rwigeze rusubirishwa mo na RWIGARA
Assinapol usibye ku wa 14/11/2003 uko byavuze haruguru kuko mbere ari
GATOYA David
Assinapol
yabaye
wasubirishije mo urubanza 8662/Kig n’ ubundi RWIGARA
mo
umuburanyi,akaba
rusubirishijwe mo kandi mbere yari umuburanyi ;
nta
n’
icyari
kurumukura
mo
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 10 KURI 23
« RUBONA hakurikijwe ibivuzwe haruguru indi mpamvu ijyanye n’ uko ikirego cy’
indishyi kitakwakirwa kubera ko RWIGARA Assinapol yaregeye indishyi mu izina
rye kandi GATOYA David yarakoreraga BINTER-IMPEX RWIGARA Assinapol yari
abereye
Umuyobozi w’ Ikirenga (Président Directeur Général)
, rudashobora
guhita ruyisuzuma kuko icyemezo cyayifashwe ho mu rubanza RPA 9292/Kig
RWIGARA Assinapol yitwa ko ahagarariwe na MUNYANDAMUTSA Issacar
nyamara uko byavuzwe nta burenganzira(procuration) yagaragarije Urukiko ngo
yemerwe,akaba rero icyo cyemezo cyarafashwe atumviswe ngo yisobanure ;
« RUBONA ku bw’ ibyo urubanza rugomba gukomeza kuburanishwa, icyo kibazo
kikazagarukwa
ho
mu
guca
urubanza
RWIGARA
Assinapol
cyangwa
umuhagarariye byemewe n’ amategeko abanje guhabwa ijambo, cyane cyane ko
mu rubanza rujuririrwa (RP.38229/Kig) ari RWIGARA Assinapol wagenewe indishyi
ibyo rero bikagaragaza ko iyo nzitizi ifite aho ihurira n’ imizi y’ urubanza,ikindi na
Me SHUMBUSHO Philbert uhagarariye RWIGARA Assinapol akaba mu iburanisha
ryo ku wa 14/05/2009
yaravuze ko BINTER IMPEX itari ifite ubuzima gatozi
urubanza rutangira asobanura ko ari yo mpamvu RWIGARA Assinapol ari we
waregeye indishyi;
33. Uru Rukiko rumaze gushingira kuri izo mpamvu rwahereye ko rwemeza Ko nta
kigaragaza ko MUNYANDAMUTSA Issacar yari ahagarariye RWIGARA Assinapol
mu rubanza RPA9292/Kig mu buryo bwemewe n’ amategeko , bityo rukaba
rufatwa ko rwaciwe adahagarariwe akaba nta n’ ubundi RWIGARA Assinapol
yasubirishije mo urubanza RPA 9292/Kig uko byavuzwe , ko ikibazo cyo kumenya
niba RWIGARA Assinapol ashobora kuregera indishyi muri uru rubanza
kizagarukwa ho mu guca urubanza mu mizi yarwo kuko gifite aho gihurira na yo
uko byasobanuwe maze ku bw’ ibyo rutegeka ko urubanza ruzakomeza ku wa
25/06 /2009 saa mbiri za mu gitondo uko bisobanuye muri kopi y’ urubanza
rubanziriza urundi rwo ku wa 05/06/2009 ;
34. Ku wa 25/06/2009 hageze, Urukiko ruhamagaje urubanza rwasanze GATOYA
David yitabye yunganirwa na Me RWANGAMPUHWE François naho RWIGARA
Assinapol ahagarariwe na Me SHUMBUSHO
Philbert naho ubushinjacyaha
buhagarariwe na Madame BUNYOYE Grâce, Umushinjacyaha ufite ububasha mu
gihugu hose ;
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 11 KURI 23
35. Me RWANGAMPUHWE François yasabye ijambo avuga ko Urukiko rwari rwafashe
icyemezo au niveau d’ appel ko RWIGARA nta qualité nyuma Urukiko ruvuga ko
qualité ya RWIGARA izagarukwa ho akibaza niba ari ukurusubirisha mo, maze
amaze kwibutswa ko ibyo byafashwe ho icyemezo ubushize ko bitagarukwa ho
akomeza asaba ko abari bafatanyije na GATOYA bemeye icyaha bajya kumvikana
na RWIGARA usibye uwitwa MUKAMUDENGE asaba ko bagarurwa mu rubanza
kugira ngo babe confronté maze yibutswa ko Urukiko ibyo rwabifashe ho icyemezo
ko nirubona ari ngombwa bazahamagazwa kimwe n’ umushinjacyaha wakoze
dosiye ku rwego rwambere GASHIKA Majeur kuko ngo hari inyandiko mvugo
yakoreye gereza zitagaragara muri dosiye ;
36. Me RWANGAMPUHWE yakomeje avuga ko impamvu baza ari uko Urukiko
rubanza rwategetse ko bafatanya kwishyura indishyi kandi bakoze transaction na
RWIGARA , izo nyandiko zikaba zihari bakaza nka partie au procès kubera ko l’
action civile ikiri ho ;
37. GATOYA David yahawe ijambo ngo agire icyo nawe avuga ko abo baza kuko ari
bo aburana na bo kandi baremeye icyaha ;
38. Me SHUMBUSHO Philbert uburanira RWIGARA Assinapol na we yahawe ijambo
ngo agire icyo avuga kuri icyo kifuzo asubiza ko guhamagara bariya bandi nta
shingiro bifite ahubwo ibyo akabona ari ugutinza urubanza , kuko batsinzwe mu
rubanza RP38 229/Kig rwo ku wa 04/06/99 n’ ibyatsinze buri wese anavuga ko
atari transaction yindi yabaye icyaha bagikoze akavuga ko rero basanga nta
mpamvu yo kubahamagara muri uru rubanza,ikindi n’ umushinjacyaha akaba
atahamagazwa kuko ari akazi yakoraga bityo agasanga bose nta wahamagazwa
nk’ umuburanyi, ikindi ibyo GATOYA avuga ko RWIGARA Assinapol atamureze
ahubwo
aburana
n’
abo
badamu
avuga
ko
ari
ubushinjacyaha
bwari
bubakurikiranye ari bane na GATOYA ari mo bose bahamwa n’ icyaha Urukiko
rutegeka buri wese ibyo agomba kubahiriza, bagasaba ko urubanza ruburanishwa ;
39. Uhagarariye ubushinjacyaha na we yahawe ijambo avuga ko GATOYA n’
umwunganira bavuze ko bifuza kuburana abo bareganwa bahari
ndetse n’
Umushinjacyaha wayiburanaga ngo ahamagazwe ngo kuko bariya bareganwa ari
bo bamureze ngo ntabwo ari byo kuko barezwe n’ Ubushinjacyaha bemera icyaha
baranamushinja, bakaba basanga kubahamagara ntacyo byamara keretse ngo
bahinduye imvugo kandi ngo nabyo ntacyo bimara kubera ko ibyo bavuze ari byo
byanditswe ,bakaba rero babona batagomba guhamagazwa k’ ababuranyi naho
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 12 KURI 23
GASHIKA Majeur ku buhamya bwatanzwe n’ umudamu wari ufunganywe na bariya
badamu muri brigade, avuga ko nta qualité afite ;
40. Nyuma yo kujya impaka kuri icyo kibazo Urukiko rwafashe icyemezo, rumaze
kubona
ko
abasabwa
kuzanwa
mu
rubanza
nk’
bashinjwa
ibyo
Me
RWANGAMPUHWE avuga binyuranije n’ imiburanire ye y’ ubushize inshamake
yabyo ikaba igaragara mu gika cya 18 cy’ urubanza rubanziriza urundi rwo kuwa
05/06/2009, ibyo bikaba binyuranye n’ ibyo asaba ubu, ikindi icyo kibazo kikaba
cyarafashwe ho icyemezo uwo munsi uko bigaragara mu gika cya 30 ahavugwa ko
abo basabwa kuzanwa babazwa nk’ abatangabuhamya rubonye ari ngombwa ,
Urukiko rukaba rutakwivuguruza kuri iyo ngingo, byongeye kandi urubanza rukaba
ari mu bujurire atari ho rugitangira bityo rukaba rutahita rwemeza ko ari ngombwa
hatabanje kugaragazwa impamvu z’ ubujurire uko byategetswe, ibyo kandi bigahita
binasubiza ikibazo cya kabiri(2) cyo kuzana GASHIKA Majeur , ikindi urubanza
akaba atari ho
rugitangira kuburanishwa kuko ruri mu bujurire bisobanura ko
hakagombye kuburanishwa ku bimenyetso byatanzwe mbere
rwashaka ibibyuzuza
y’ uko Urukiko
bityo urubanza rukaba rugomba gukomeza Urukiko
rwazabona ari ngombwa rukazatumiza abo bifujwe uko byari byategetswe mu
ubushize ;
41. GATOYA David yahawe ijambo maze asaba ko Me RWANGAMPUHWE François
umwunganira ahabwa ijambo ariwe ubanza maze avuga ko ashaka gukora résumé
des moyens , avuga ko bavuze ko le premier juge yakoze interprétation de l’
art.324 ya CP ivuga ku buhemu avuga ko gutanga chèque zo guha agence en
douane kandi byari mu nshingano ze ; kuko RWIGARA yari yasabye UWANTEGE
gukoresha ayo mafaranga ajya ku dedouana 1400
carton de tabacs, we nka
Directeur ayataga ku bw’ icyo gikorwa akaba rero yarakoze ibyo ashinzwe ;
42. Me RWANGAMPUHWE François yakomeje avuga ko bavuze ko hari absence de
motivation le premier juge yishe art.94 de la constitution na art.200 COFCJ y’ icyo
gihe, muri RUSANZE y’ urubanza rujuririrwa, Me KAZUNGU na Me BIRAMVU ngo
bavuze ko GATOYA atavuze icyo ayo mafaranga yagombaga gukora kandi
Eugénie ubwe yemeza ko yari aya dédouanement des 1400 cartons de tabac ;
uwo mucamanza akavuga rero ko GATOYA atavuze icyo yagombaga gukora,ikindi
hakaba ngo harabaye ho violation des droits de la défense, kuko umucamanza wa
mbere yakingiye ikibaba abareganwa hamwe na GATOYA David bituma batagira
byo bababaza ubwo burenganzira rero hakurikijwe Itegeko Nshinga n’ amategeko
mpuzamahanga , umucamanza wa mbere ntacyo ashobora kubigira ho na
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 13 KURI 23
appréciation souveraine, ikindi bakaba barasabye réouverture bamaze kumenya
ko Majeur yagiye kubaza abo bantu, bakaba barasangaga ngo RWIGARA afite
inyungu mu Rukiko bashaka gutumiza abandi bantu uwo mucamanza arabyanga ,
basaba Urukiko ko rwavana ho qualité ya RWIGARA kuko GATOYA yari umukozi
wa BINTER-IMPEX(LTD),Urukiko rurabyanga akavuga ko umuclient we yavukijwe
uburenganzira
busesuye
bwose,
umucamanza
wa
mbere
amwambura
présomption d’ innocence , akavuga ko ubutabera bwashinja umuntu ukurikiranywe
byavuzwe n’ uvuga ko bafatanyije, kereka habaye ho ibindi bimenyetso byunganira
imvugo ;
43. Me RWANGAMPUHWE François
yakomeje avuga ko nta preuve n’ imwe ayo
mafaranga 9.000.000 Frws bayasangiye na GATOYA David, na 18.000.000 Frws
yahaye douanier ngo yaba ari mu rwego rwa ruswa, ngo nta n’ubwo le douanier
yamenyekanye uwo ari we akavuga ko le principe du contradictoire yishwe,
GATOYA akaba nta hantu yemeye icyaha nta na hamwe, anatanga inyandiko
igaragaza aho
Eugènie yakoreye répartition y’ amafaranga yose hamwe aba
29.176.314 Frws , yakora ikinyuranyo n’ amafaranga ari kuri chèque hagasigara
18.624.931 Frws akavuga ko ayo ari douanier yayahaye, Umucamanza akaba
atarashatse ko iyo nyandiko bayivuga ho;
44. GATOYA yahawe ijambo ngo na we agire icyo yongera kuri izo mpamvu asubiza
ko yabuze uburenganzira kuko yari yasabye réouverture ntibyitabwa ho, urubanza
ruracibwa adahawe ijambo, bimwe mu bimenyetso batanze ntibyitabwa ho
ntibyanandikwa kandi bari babivuze, ibindi uko yabisobanuye akaba ariko biri
Eugènie akaba yari umukozi wa agence en douane ibyo bakoraganaga nayo
akaba ari we ngo babinyuzaga ho byose ;
45. Uhagarariye ubushinjacyaha yahawe ijambo ngo agire icyo avuga kuri izo mpamvu
z’ ubujurire asubiza ko, ingingo ya mbere ari uko GATOYA yakurikiranywe ho
ubuhemu bo bakavuga ko byari mu nshingano ze , hakaba rero hari aho
bigaragara ko UWANTEGE Eugènie
atari akuriye iyo agence en douane,
ahavuzwe ko GATOYA atigeze avuga icyo iriya chèque yari imaze na bo akaba
ngo ariko babibona kuko GATOYA yayitanze ashaka ko n’ undi wese wayigwa ho
atamenya icyo yari kumara kuko ibyanditse kuri original binyuranye na souche,
ibijyanye na art.14 al.3 ya constitution yaba yarishwe ngo kuko batisanzuye mu
miburanire yabo, nyamara umucamanza ababajije aho byanditswe bakaba ngo
basubije ko ari ntaho ko bitanditswe, ikindi basaba Urukiko gukura ho qualité ya
RWIGARA , akavuga ko usibye n’ iyo hari na photocopie utamenya igihe zagereye
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 14 KURI 23
mo muri dosiye, Urukiko rwasanga ari ngombwa rukaba rwatumiza abo bantu baza
bagasobanura iby’ iyo nyandiko, ibyo bavuze ko GATOYA yari umukozi wa société
bityo RWIGARA akaba atari kuza mu rubanza ibyo byaravuzwe ko bizasuzumwa
kandi umuhagarariye akaba aza kugaragaza qualité ye mu rubanza, ibya
présomption d’innocence bavuze ko abantu bashinjwa hamwe bagaruka ngo
bashinje ariko mu kwemera icyaha umuntu asabwa gusobanura uko icyaha
cyakozwe afatwa nk’ uregwa wemera icyaha agasobanura uko cyagenze ;
46. Me SHUMBUSHO Philbert
uhagarariye RWIGARA Assinapol yahawe ijambo
avuga ko ahereye ku mpamvu z’ ubujurire avuga ko ngo habaye interprétation de l’
article 424 CP, ariko ngo bo ntibagaragaje uko babyumva niba GATOYA yari afite
droit ya signature akayikoresha mu buryo butari bwo bagasanga ibyo ari abus de
confiance yakoze , anakomeza avuga ko hari aho bavuze ko Eugénie yagombaga
gukora dédouanement de 1400 cartons de tabac, avuga ko byari gukorwa ariko
chèque yo ku dédouana ikorwa muri buriya buryo bwo kunyereza amafaranga,indi
mpamvu y’ ubujurire ngo habaye ho absence de motivation, avuga ko
babisobanurira Urukiko , ingingo ya 200 COFCJ na 94 ya constitution avuga ko
batabisobanuye, agasaba ko bagaragaza uburyo ubwo burenganzira bwishwe ko
babujijwe koko , ko umwanditsi yabyanditse naho inyandiko ya Eugénie
yerekanywe ubu akaba ari ho ngo bakiyibona ngo ntacyo yayivuga ho ;
47. Me SHUMBUSHO Philbert yakomeje anavuga ku bijyanye na qualité ya RWIGARA
Assinapol, avuga ko icyo gihe société BINTER-IMPEX yari itaragira ubuzima gatozi
akaba ariyo mpamvu hareze RWIGARA Assinapol , BINTER-IMPEX ikaba yari
igizwe n’ abantu batatu(3), ngo RWIGARA akaba ari we wari majoritaire de la
société ngo n’ abana be icyo gihe bakaba bari bato, RWIGARA akaba yari
représentant légal, icyangombwa bagenderaga ho akaba yari registre de
commerce, urubanza ruza gucibwa en 1999 babona personnalité juridique muri
2002, uko bigaragazwa na journal officiel n°10 du 15/05/2002 igihe BINTERIMPEX yari itaragashobora kurega nka société, akaba rero nka actionnaire
majoritaire yari gutanga ikirego individuellement kugira ngo umutungo wa société
ugaruzwe kuba BINTER-IMPEX itarashoboraga kurega bikaba bishimangirwa na
article 18 de la loi régissant les sociétés commerciales , naho article ya 202 de la
même loi ikagaragaza neza ko RWIGARA Assinapol yari afite ububasha bwo kuba
yarega umuntu wese wabangamira inyungu za société, akavuga ko basanga rero
RWIGARA afite qualité uko Urukiko rwa mbere rwabyemeje ;
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
48. Me RWANGAMPUHWE François
URUPAPURO RWA 15 KURI 23
yahawe ijambo ngo agire icyo yongera ku
rubanza avuga ko ikirego cya BINTER-IMPEX kitashoboraga kwakirwa bakaba
bari gutegereza l’ action publique, art.202 ikaba irebana n’ ibyemezo byafashwe na
conseil d’ administration ya société anonyme akaba ntaho bihuriye na
représentation en justice ; les actionnaires minoritaires bakaba bashobora kurega
les administrateurs iyo bacunze nabi umutungo, akomeza avuga ko les actions en
justice sont exércées par les titulaires des droits,ujya kurega adafite ibyangombwa
agombakuba déclaré irrécevable, akibaza statut ya BINTER- IMPEX ;
49. Me SHUMBUSHOyahawe ijambo ngo asubize icyo kibazo avuga ko atazi niba
kumenya niba ibaho cyangwa itaba ho hari ibyo byungura mu rubanza ;
50. Me RWANGAMPUHWE yasubijwe ijambo avuga ko Urukiko rutafata ibya société
ngo rubihe RWIGARA akavuga ati :Nul ne plaide par procoreur, akora imyanzuro
kuri page ya 2 ngo yavuze ko ibyo basabye mbere ko hasuzumwa umukono wa
Eugénie cyane cyane akandiko yandikiye David ko hasuzumwa historique ya
compte y’ UWANTEGE ,abo yayahaye ko hasuzumwa inyandiko ya Eugènie ku
wa 08/08/98 akaba ngo yavuga ko David atajya mu bireba NEMA atari umukozi
wayo, anavuga ko souche atari ikimenyetso cyemewe n’ amategeko, vérification
ikorwa muri comptablité bakareba réçu basabye kuyivuga ho umucamanza aranga,
aho bavuze ko UWATEGE atari nyiri campany avuga ko ibyo atari ikibazo akaba
atari preuve ya détournement, bo ubwabo barabyemera, amafaranga akaba
yaraciye kuri compte ya Eugènie akomeza agira ati c’ est la préeminence de la
preuve écrite, agasaba ko harebwa Itegeko rigenga ibimenyetso kuko udashobora
gukoresha témognage au-delà de 50.000 Frws ;
51. Me RWANGAMPUHWE yakomeje asobanura impamvu chèque yashyizwe ku izina
ry’ umuntu avuga ko pratique ihari ari uko muri douane iyo ibintu biraye bidakozwe
bucya byahindutse, akaba ariyo mpamvu bahaye umuntu amafaranga ya
dédouanement ahita ajya kuyatanga agakora dédouanement en question ;
52. GATOYA David yahawe ijambo avuga ko icyo yakongera ku byo umwunganira
yavugaga ari uko ari we bari bazi hakaba hari hashze imyaka ine(4) bakorana
hakaba hari transaction nyinshi zigaragaza ko yari ahagarariye NEMA akaba go
nta wundi bashoboraga guha chèque, kuko hari n’ igihe yamuhaga amafaranga
cash mu ntoki, kuko bitabaye n’ ubwanyuma kuko ngo bafite ibimenyetso by’ uko n’
ubundi ngo bakomeje gukorana avuga ko yakoze chèque barré kugira ngo yizere
ko iri bube versé, kuri souche avuga ko yanditse ho réceveur des douanes kubera
ko ari we muntu wa nyuma opération yari kurangirira ho ngo batangaga cash
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 16 KURI 23
cyangwa chèque kubera ko bashakaga kwirinda opérations zagombaga gusa n’
aho zisubirwa mo ;
53. Me SHUMBUSHO Philbert
yasubijwe ijambo avuga ko RWIGARA Assinapol
yakoze action individuelle uko yabisobanuye, akanavuga ko yibutsa ko umutungo
wa société yemewe cyangwa itemewe ari uwa ba actionnaires bagomba
kuwukorera protection, anavuga ko agarutse kuri chèque , David atagaragaza ko
atasinye mu izina rya UWANTEGE, akomeza avuga ko chèque ya mbere yakozwe
neza souche yandikwa ho ko ari réceveur des douanes kuri souche, bigaragaza
ko GATOYA chèque yayisinye ho mu manyanga kandi abo bafatanyije bakaba
baremeye icyaha basobanura uko icyaha cyakozwe, bagasaba ko icyemejwe mu
rubanza RP 38229/Kig cyemezaga ko GATOYA na bagenzi be kiguma ho ariko
kubijyanye n’ ibyo Urukiko rwategekaga avuga akoze appel incident ku bireba ibyo
bategetswe gutanga , avuga ko hari en 1999, GATOYA ategekwa kwishyura
9.311.765, ayo mafaranga akaba ngo yagombye kuba yarabyaye inyungu, bityo
bakayasabira 18% par an soit 1.676.116 Frws, ubu hakaba hashize 10 ans,
16.761.116 Frws, akiyongera ho indishyi z’ akababaro za 1100.000 :4 akaba
275.000 Frws, kuba yarakomeje gukurura RWIGARA mu manza agasaba
1.000.000 Frws, yose hamwe akaba 27.347.925 Frws ;
54. Uhagarariye ubushinjacyaha yahawe ijambo avuga ko GATOYA n’ umwunganira
hari byinshi basabye Urukiko ruzasuzuma kuri iriya chèque David yavuze ko ngo
yari agamije ko itagira ahandi ijya, ngo yari yanditse kuri UWANTEGE , akavuga ko
atabona aho impungenge GATOYA yari afite zari zishingiye, akomeza avuga ko
ibimenyetso bihari bihagije bihamya icyaha GATOYA na bagenzi be bagasaba ko
urubanza rwajuririwe rudahinduka ;
55. GATOYA David yahawe ijambo avuga ko principes za management iteka
impungenge zihora ho ngo
nka gestionnaire yayihaye Eugénie ngo akore
approvisionnement ya compte ye azabashe gukura ho ku gihe ikindi ngo bari mu
bihe bidashanzwe, hari unité ishinzwe kurwanya fraude, avuga ko iyo chèque
yakozwe RWIGARA ari mu gihugu chèque ya mbere ya 47.547.885 ngo niyo
yakozwe iherekejwe n’ iya MAGERWA , zombi zikorwa ngo camion ikorerwe
dédouanement.
Icyo
gihe
ngo
GATOYA
we
yari
muri
KENYA
,
aje
aramumwoherereza ngo amuhe chèque arayimuha ;
56. Ku kibazo cyo kumenya ibya chèque barré yavuze ko ari pratique kugira ngo yizere
ko igera kuri compte, avuga ko yatumwe kuri GOMA, agarutse Eugénie araza
amubwira ibibazo bagize basanga chèque de 47.547.887 Frws , bigeze he juru
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 17 KURI 23
basanga hari différence de 100.000 Frws, ubwo akora indi chèque iya mbere
arayimugarurira ;
57. Me RWANGAMPUHWE François yahawe ijambo avuga ko appel incident iri muri
procédure civile, ikindi avuga ko utabuza le condamné kujurira, umucamanza wa
mbere yabivuze ho, avuga ko nta nyungu zitangwa ntibabijuririra, pacte
international du droit civil et politique du 19/12/1966, na art.14 n°1 ivuga ko abantu
bose bangana imbere y’ amategeko akaba nta mpamvu abona abantu babiri
baburana umwe yagira uburenganzira undi akabubura, art.14 n°2 ikavuga
présomption d’ innocence, art.14 N°3 ikavuga ko ukurikiranywe ho icyaha afite
uburenganzira bwo guhamagaza abatangabuhamya bamushinjura akanababaza,
appel igatuma haba ho sanction,ibyo juge wa mbere yishe bigakosorwa agasaba
ko hasuzumwa reçu za MUKAMUDENGE ;
58. Me RWANGAMPUHWE yakomeje yongera ku rubanza ko ibyerekeye gestion ya
compte GATOYA
akabona nta mpamvu GATOYA yari gushaka kugabana na
bariya kandi yari afite amafaranga menshi ajera(gérer) kuri iyo konti akomeza
atanga urugero avuga ko iyo atumye chèque ayandika ho uwoatumye,
agasigarana suoche nka aide mémoire akandika hoicyoayo mafaranga agenewe,
mu gihe itegeko rivuga ko juge akora instruction à charge et à décharge akaba
yari afite inshingano yo gusuzuma ibimenyetso byose uwiregura atanga na
confrontation zikaba ari ngombwa
igihe uregwa agaragaje ko byamufasha
kwiregura, bityo bagasaba ko David agirwa umwere, akavanwa hoi bihano
byamufatiwe Urukiko rukavuga ko RWIGARA adafite uburenganzira bwo kwikubira
ibya BINTER IMPEX naho aho Me SHUMBUSHO yavuze ko atari kureka ibye ngo
bipfe ubusa avuga ko atari moyen ya droit, kuko hagomba l’ intérêt, , la capacité et
la qualité ;
59. Nyuma y’ ibyo iburanisha risojwe isomwa rishyirwa ku wa 10/07/2009 saa mbiri za
mu gitondo sa mbiri za mu gitondo, rubona nta yindi ngingoyasuzumwa ruriherera
rufata umwanzuro ukurikira ;
III.UKO URUKIKO RUBIBONA
Ku birebana n’ ububasha bwa RWIGARA assinapol ku bijyanye no
kuregera indishyi mu izina rye bwite
60. RUBONA ku wa 05/06/2009 nyuma yo kwemera kwakira ikirego cyo gusubirisha
mo urubanza, Urukiko rwarahuje inzitizi n’urubanza mu mizi yarwo ku birebana n’
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 18 KURI 23
ububasha bwa RWIGARA assinapol mu kuregera indishyi mu izina rye, iyo nzitizi
ikaba igomba kubanza kugarukwa ho ;
61. RUBONA ku munsi w’ iburanisha ku wa 25/06/2009 Me SHUMBUSHO Philbert
uhagarariye RWIGARA Assinapol yaravuze ko igihe urubanza rwatangiriye mu
1998 société BINTER IMPEX itari
yakabonye ubuzima gatozi
kuko itari
yatangajwe mu igazeti ya Leta bityo akavuga ko ingingo ya 18 y’ Itegeko ryo ku wa
12 GASHYANTARE 1988 ryerekeye itunganya ry’ amasosiyete y’ ubucuruzi itari
gutuma harega BINTER-IMPEX kandi nta buzima gatozi, iyo ngingo mu gika cyayo
cya mbere ikaba igira :«Ikirego cyose cy’ isosiyete itaratangaje inyandikoshingiro
yayo ntigisuzumwa n’ Urukiko kimwe n’ ikirego kiterekana aho iyo nyandiko
shingiro yatangajwe,… » ;
62. RUBONA ariko n’ ubwo kugeza mu mwaka wa 2002 BINTER-IMPEX yari
itarabona ubuzima gatozi uko binagaragara mu Igazeti ya Leta n° 10 yo ku wa
15/05/2002 ko iyo Société BINTER-IMPEX yaje kubona nyuma ubuzima gatozi
inagizwe n’ abantu batatu(3) ari bo RWIGARA assinapol, NSHIMIYIMANA Diane
na UWAMAHORO Anne ariko ingingo ya 18 y’ Itegeko rivuzwe nta ho ivuga ko
RWIGARA Assinapol yatanga ikirego ku giti cye , wenyine, mu izina rye, ngo
ahabwe iby’ abanyamuryango kubera ko nta buzima gatozi BINTER-IMPEX yari
yakabonye ;
63. RUBONA kandi Me SHUMBUSHO Philbert uhagarariye RWIGARA Assinapol
avuga ko nta kuntu uwo ahagarariye atari gukurikirana umutungo wa BINTERIMPEX nk’ ufite ubwiganze bw’ imigabane ku marishingiro (actionnaire majoritaire)
n’ ubwo BINTER-IMPEX yari igizwe n’ abantu batatu(3) uko bivuzwe ibyo
akanabishimangira avuga ko ashingira ku ngingo ya 202 y’ iryo Tegeko ryo ku wa
12 GASHYANTARE 1988 ryerekeye itunganya ry’ amasosiyete y’ ubucuruzi ;
64. RUBONA ariko iyo ngingo ya 202 atari cyo ivuga kuko mu gika cyayo cya mbere
igira iti :«Abagize isosiyete bayifite mo kimwe cy’ icumi cy’ imari-shingiro, batemeye
ubwere bw’ abagize inama y’ ubutegetsi,bashobora na bo mu kigwi cy’ isosiyete
kurega abagize inama y’ ubutegetsi n’ iyo byaba byarumvikanywe ho ukundi,
cyangwa inama rusange yararetse kubikurikirana,…», ibi rero bikagaragaza ko iyi
ngingo yemerera RWIGARA Assinapol kurega abagize inama y’ ubutegetsi niba
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 19 KURI 23
agaragaje ko ibyo iteganya abyujuje, ariko itashingirwa ho atanga ikirego cy’
indishyi muri uru rubanza ;
65. RUBONA rero kuva nta ngingo n’ imwe yagaragajwe n’uhagarariye RWIGARA
Assinapol imuha uburenganzira bwo gutanga ikirego cy’ indishyi gikurikirana ibya
BINTER-IMPEX mu izina rye hagomba gukurikizwa ingingo ya 1 n’ iya 2 z’ Itegeko
nº
18/2004
ryo
ku
wa
20/06/2004
ryerekeye
imiburanishirize
y'imanza
z'imbonezamubano,iz' ubucuruzi , iz’ umurimo n 'iz' ubutegetsi, nk’uko ryahinduwe
kandi ryujujwe n’Itegeko No 09/ 2006 ryo ku wa 02/03/2006 kuko iya mbere(1) igira
iti :«Iri Tegeko rigenga imiburanishirize y’ imanza z’ imbonezamubano, iz’
ubucuruzi, iz’ umurimo n’ iz’ ubutegetsi.Ni na ryo rigenga imiburanishirize y’ izindi
manza mu gihe nta yandi mategeko yihariye ayigenga», ibyo bigatuma hakurikizwa
ingingo ya 2 ivuzwe
kubijyanye no kutakira ikirego cy’ indishyi kuko igira
iti :«Ikirego nticyemerwa mu Rukiko iyo urega adafite, inyungu ububasha n’
ubushobozi bwo kurega » aha rero akaba nta bubasha (la qualité)RWIGARA
Assinapol afite uko byavuzwe kuko ataburana ku giti cye ibyo ahuriye ho n’ abandi
mu izina rye wenyine, kabone n’ ubwo nta buzima gatozi bwaba bwari
bwarabonetse ;
66. RUBONA kandi ibyo bishimangirwa n’ uko icyemezo cyo ku wa 19/10/2000 cya
«attestation de service rendu» cyahawe GATOYA David kigaragaza ko RWIGARA
Assinapol yagisinye nk’ Umuyobozi w’ Ikirenga (Président Directeur Général) wa
BINTER-IMPEX(R)LTD» uregera indishyi rero akaba ari uwangirijwe n’icyaha uko
biteganywa n’ ingingo ya 160 y’ Itegeko nº 51/2008 ryo ku wa 09/09/2008 rigena
Imiterere,Imikorere n’ Ububasha by’ Inkiko igira iti :« Ikirego cy’indishyi zikomoka
ku cyaha ni ikigamije kuryoza ibyangiritse biturutse ku cyaha. Ufite uburenganzira
bwo kurega ni uwangirijwe n’icyaha cyangwa abandi babifitiye uburenganzira »
dore ko uburanira RWIGARA Assinapol adahakana ko yareze ashaka kugaruza
umutungo wa BINTER-IMPEX;
Ku birebana n’ imizi y’ urubanza
67. RUBONA ingingo
z’ ubujurire
zigaragazwa
na
GATOTA David
na
Me
RWANGAMPUHWE François zikubiye muri make mu gika cya [41] kugeza ku cya
[44] by’ uru rubanza;
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 20 KURI 23
68. RUBONA impamvu y’ ubujurire irebana no kutubahiriza ihame ryo kwiregura ntaho
rwahera rwemeza ko ifite ishingiro ruvuga ko iryo hame ritubahirijwe kandi
urubanza RP 38229/Kig ruburanishwa mu Rukiko rwa Mbere rw’ Iremezo rwa
KIGALI
bigaragara
ko
GATOYA
David
yaburanye
yunganiwe
na
Me
RWANGAMPUHWE françois,iyo mpamvu rero ikaba itagaragarijwe ikimenyetso ko
haba hari aho bigeze basaba ko ubwo burenganzira bwubahirizwa bagira icyo
basaba Urukiko ngo babyimwe mu iburanisha, kuko kubaza abatangabuhamya
byagarutswe ho byo ari Urukiko rubiha agaciro rudategetswe kubahiriza ibisabwa
n’ ababuranyi bose kandi buri gihe nta mpaka ;
69. RUBONA indi ngingo y’ ubujurire ari iy’ uko GATOYA yahamiwe icyaha cy’
ubuhemu kandi chèque yatanze avuga ko yabikoze ari inshingano ze ngo hakorwe
ukwishyura amahoro ya gasutamo ( frais de dédouanement) y’ amakarito 1400 y’
amatabi, ikaba inavuguruza impamvu zashingiwe ho n’ Urukiko rwa Mbere rw’
Iremezo rwa KIGALI
cyane cyane muri RUSANZE ya kabiri y’ urubanza
RP38.229/KIG ku rupapuro rwa cumi na karindwi(17), urwo rubanza ari na rwo
rwemejwe n’ Urukiko rw’ Ubujurire rwa KIGALI kuri n° RPA 8662/Kig rwaciwe
GATOYA David adahari arusubirisha mo kuri n° RPA 9292/Kig uko bisobanuye
haruguru, muri iyo RUSANZE akaba ari ho Urukiko rwa Mbere rw’ Iremezo
rwasobanuye uko rusanga GATOYA yakoze icyaha cy’ ubuhemu yanahaniwe ;
70. RUBONA muri iyo RUSANZE urwo Rukiko rwaravuze ko GATOYA David wari
Directeur wa société BINTER-IMPEX yasinye kuri chèque ya 47.547.858 Frws
yagombaga kwishyura muri douane amakarito 1400 y’ amatabi,ibyo rero
byabangikwanywa n’ imiburanire ya GATOYA David
GATOYA
iyo chèque yayanditse kuri
n’ umwunganira y’ uko
UWANTEGE Eugènie wakoraga muri
NEEMA Clearing Campany, ariko agakora
ku buryo iyo chèque nta wundi
yakwishyurwa usibye kuri banki( Chèque barré), hakanakubitira ho ikibazo cyo
kumenya niba koko GATOYA David yari gutekereza gutwara ayo mafaranga
agashaka ko byanga bikunze yishyurwa kuri banki mbere y’ uko hagira uko akurwa
ho ngo yishyurwe imisoro, ibyo kandi bikuzuzwa n’ uko souche y’ iyo chèque uko
ababuranyi bose babivuga yari yanditse ho ko igenewe réceveur des douanes
byakagombye ahubwo kuba ikimenyetso
cy’ uko ayo mafaranga yishyuwe mu
rwego rw’ imisoro, ugasanga ahubwo byari kuba ikimenyetso gikura ho umugambi
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 21 KURI 23
w’ icyaha cy’ ubuhemu kuko icyo cyari
ikimenyetso cy’ uko GATOYA we
yashakaga kwishyura imisoro uko yari yabisabwe na RWIGARA Assinapol ;
71. RUBONA kandi ikibazo cyo kuvuga ko iyo chèque yaje kugaruka GATOYA
akayisubiza kuri compte ya BINTER-MPEX
mbere
rw’
Iremezo
cyaragombaga nanone
rwa
KIGALI
mu
cyanashingiwe ho n’ Urukiko rwa
guhamya
icyaha
GATOYA
kuba ikimenyetso ko nta mugambi w’ ubuhemu
David
uko
byasobanuwe na GATOYA David n’ umwunganira ku wa 25/06/2009 ndetse n’
ikibazo cy’ uko nyuma y’ uko ayo mafaranga agarurwa kuri konti ya BINTE-IMPEX
hagasinya
mbere
indi sheki isimbura iya mbere iri ho amafaranga anyuranye n’ aya
kikaba na cyo cyarasobanuwe ko byatewe n’ uko aho kuri gasuta mo
imisoro yazamukaga ikanamanuka bitewe n’ uko uwishyura atinze kwishyura,
akaba
ibyo
batabivuguruje
uhagarariye
uregera
indishyi
n’
uhagarariye
ubushinjacyaha
kuko n’ Urukiko rwa Mbere rw’ Iremezo rutigeze ruvuga ko
hasinywe indi chèque iya mbere ikiri ho cyangwa itabanje gukurwa ho n’
uwayisinye, ibi rero bikagaragaza ko icyari kigenderewe na GATOYA David ari
ukwishyura imisoro ;
72. RUBONA ibiteganywa n’ ingingo ya 424 y’ igitabo cya kabiri cy’ amategeko ahana
ibyaha bidahura n’ ibivuzwe haruguru kuko GATOYA David yatanze Chèque
akayiha UWANTEGE Eugénie nk’ umukozi wa NEEMA Clearing Campany bari
basanzwe bakorana , ikanyuzwa kuri banki uko byavuzwe nk’ ikimenyetso cy’ uko
yishyuwe , kuba rero UWANTEGE yateshuka ku nshingano ze uko yiyemereye
icyaha bikaba bitaba ikimenyetso mu gushinja GATOYA hakurikijwe ibiteganywa n’
iriya ngingo kuko kuba yarishyuye atari icyaha hakurikijwe iyo ya
424 ivuzwe
haruguru kubera ko yo ihana umuntu wagize uburiganya bwo kurigisa , cyangwa
bwo gutagaguza yangiriza undi, impapuro zifite agaciro k’ amafaranga,
amafaranga , ibicuruzwa, inoti, za kitansi, n’ inyandiko z’ amoko yose ziri mo
cyangwa
zituruka
ho
umwenda
cyangwa
ubwishyu
kandi
yarabiherewe
ubukodeshe, ukubibika, uguhagararira, kugwatira, ugutizwa cyangwa umurimo
ahemberwa cyangwa adahemberwa, kuko mu gutanga chèque igomba kwishyurwa
kuri banki nta wundi iciye mu ntoki bigaragaza uguteganya no ukwitwararika uko
byasobanuwe, uburiganya bwa GATOYA David butagaragara uko binahuza n’
inyandiko z’ umuganga mu mategeko nshinjabyaha aho avuga ko ubwo buriganya
bugomba kugaragazwa ari ikintu cy’ ingenzi kuri icyo cyaha agira ati :«l’ intention
fauduleuse est également un élément constitutif proprement dit mais d’ ordre
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 22 KURI 23
moral.Le dol spécial , élément essentiel de l’ infraction d’ abus de confiance se
manifeste par la fraude,…»1,ibyo rero Urukiko rwa Mbere rw’ Iremezo rwa KIGALI
rukaba rwarabyirengagije ;
73. RUBONA rero ibi byonyine
bituma hakurikizwa ingingo ya 153 y’Itegeko
nº13/2004 ryo ku wa 17/05/2004 ryerekeye imiburanishirize y’ imanza z’
inshinjabyaha uko ryahinduwe kandi ryujujwe kuri bimwe kugeza ubu ivuga ko
ugushidikanya kugomba kurengera ushinjwa kuko umugambi wa GATOYA David
utagaragara, kuko
kuba uwahawe amafaranga
ari we UWANTEGE Eugénie
wakoreraga NEEMA Clearing campany wari unasazwe ukorana na BINTERIMPEX uko byasobanuwe, yakwemera ko ayo mafaranga atayakoresheje icyo
yagombaga gukora bitavuga byanga bikunze ko ibyo byaba ikimenyetso cy’
umugambi w’ icyaha gishinjwa GATOYA David ,naho kuvuga ko bayagabanye,
nabyo bikaba byakagomye ibimenyetso simusiga kuko GATOYA David we atigeze
yemera icyaha ;
74. RUBONA
ibivuzwe haruguru bikura ho n’ ikifuzo cyo gutumiza abandi bari
bakurikiranywe hamwe na GATOYA David urubanza rugitangira kuko bitakura ho
ibivuzwe cyane cyane
ko n’ ingingo ya 59
y’ Itegeko
nº13/2004 ryo ku wa
17/05/2004 ryerekeye imiburanishirize y’ imanza z’ inshinjabyaha uko ryahinduwe
kandi ryujujwe n’ Itegeko nº20/2006 ryo ku wa 22/04/2006 igira iti:« Abantu
ubushinjacyaha bufite ho ibimenyetso byo kuba baragize uruhare mu ikorwa ry’
icyaha ntibashobora kumvwa nk’ abatangabuhamya », kimwe no gutumiza
umushinjacyaha wize dosiye ku rwego rwa mbere GASHIKA Majeur kuko
inyandiko mvugo bavuga ko yakoreye muri Gereza itagaragara muri dosiye nta n’
iyaburanywe ho ku rwego rwa mbere, ibindi akaba yarabikoze ku rwego rw’ akazi;
75. RUBONA ku bw’ ibyo urubanza RPA 8662/Kig rwaciwe n’ Urukiko rw’ Ubujurire
rwa KIGALI ku wa 27/03/2002
rugasubirishwa mo kuri n° RPA 9292/Kig
na
GATOYA David rugomba guhinduka kimwe n’ urubanza rwemejwe n’ urwo ari rwo
RP 38.229/Kig rwaciwe n’ Urukiko rwa mbere rw’ Iremezo rwa KIGALI ku wa
04/06/1999, zigahinduka ariko kubireba GATOYA David wenyine haba ku bjyanye
n’ ibihano yahawe no ku ndishyi yategetswe kwishyura ku giti cye kuko ari we
wenyine wakomeje urubanza uko bisobanuye haruguru ;
1
R.,KINT, Droit pénal spécial, Manuel de droit rwandais, Université Nationale du Rwanda Faculté de
Droit, KIGALI P.139
IMIKIRIZE Y’ URUBANZA RPA 0050/05/HC/Kig
URUPAPURO RWA 23 KURI 23
KUBERA IZO MPAMVU ZOSE RUBONYE MU RUHAME :
IV.ICYEMEZO CY’URUKIKO
76. RWEMEYE kwakira ikirego cya GATOYA David kuko cyatanzwe mu nzira zemewe
n’ amategeko, rugisuzumye rusanga gifite ishingiro ;
77. RWEMEYE kutakira ngo rusuzume ikirego cy’ indishyi cya RWIGARA Assinapol
kuko kitakurikije amategeko uko byasobanuwe ;
78. RWEMEJE ko nta cyaha gihama GATOYA David uko byatangiwe impamvu ;
79. RUKIJIJE ko GATOYA David atsinze;
80. RUTEGETSE ko urubanza RPA 8662/Kig rwaciwe n’ Urukiko rw’ Ubujurire rwa
KIGALI ku wa 27/03/2002 ruhindutse, bityo n’ urubanza rwemejwe n’ urwo ari rwo
RP 38.229/Kig rwaciwe n’ Urukiko rwa mbere rw’ Iremezo rwa KIGALI ku wa
04/06/1999 na rwo rugahinduka ku bireba GATOYA David gusa;
81. RUTEGETSE
ko
igice(½)
cy’ amagarama
ahwanye n’ ibyakozwe muri uru
rubanza 55.950 Frws kingana na 27.975 Frws aherera ku isanduku ya Leta na
ho andi 27.975 Frws angana na (½ )cyayo magarama akishyurwa na RWIGARA
Assinapol ahereye ku yo yatanze ho ingwate asubirisha mo urubanza RPA
9292/Kig ku wa 22/11/2003 akayishura mu minsi umunani(8) kuva urubanza
rubaye ndakuka bitaba ibyo agakurwa mu mutungo we ku ngufu za Leta;
RUKIJIJWE GUTYO KANDI RUSOMEWE MU RUHAME NONE KU WA 10
NYAKANGA 2009 N’URUKIKO RUKURU RURI KIGALI MU NTEKO IGIZWE N’
UMUCAMANZA: NDAGIJIMANA Eugène AFASHIJWE N’ UMWANDITSI WARWO
HARELIMANA Emmanuel ;
UMUCAMANZA
NDAGIJIMANA Eugène
Sé /
Iyi kopi ihuje n’ inyandiko y’ umwimerere
Itanzwe none ku wa…………./………../………..
Umwanditsi w’ Urukiko ………………………………
UMWANDITSI
HARELIMANA Emmanuel
Sé /

Documents pareils